Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Iyi ni inzira izatuma aba bana bagera ku burezi budaheza, ES Ndayisaba Emmanuel muri NCPD

Sunday 2 November 2025
    Yasomwe na

Bamwe mu babyeyi batuye mu karere ka Musanze bafite abana bafite ubumuga, bavuga ko abana babo bari baraheze mu bwigunge bitewe no kubura aho babonera uburezi.


Hubatswe ishuri tuzajya rifasha abana bafite ubumuga.

Ibi babigarutseho ubwo mu murenge wa Gacaca w’aka karere ka Musanze bari bamaze gutaha ikigo cyitwa “Ubumwe Community ECD Center “ cyubatswe ku bufatanye na Hope and Homes for Children.

Umwe muri aba babyeyi yagize ati”Turanezerewe cyane kuba tubonye ikigo abana bacu bazajya bigiramo, abana bacu bari baraheze mu bwigunge kuko twabajyanaga ku mashuri asanzwe bikagorana bitewe nuko bafite ubumuga, natwe ubu turaruhutse kuba babonye ikigo bazajya bahererwano ubumenyi.”


Umwe mu babyeyi bafite umwana bafite ubumuga.

Undi mubyeyi yagize ati”Ubu umwana wanjye agiye kujya ajya ku ishuri nk’abandi yishime kuruta uko yirirwaga mu rugo, abantu bafite ubumuga dukwiye kumva ko ari abantu nk’abandi bafite agaciro mu muryango badakwiye kuvutswa uburenganzira bwabo, turashimira Leta y’ubumwe ituzaniye iki kigo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage Kayiranga Theobald yashimiye Hope and Homes for children yabafashije kubona iki kigo.


Visi Meya wa Musanze ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage.

Atı”Ndabanza nshimire Hope and Homes for Children uburyo mukomeje kudufasha hano mu karere ka Musanze, bidukora ku mutima kuba mwitanga mukadukorera ibikorwa bitandukanye, si iki kigo gusa ahubwo mwagiye munadufasha gukurikirana abana bafite ubumuga barererwaga muri st Vincent, iki kigo kiziye ku gihe twari twarabisabye kije kitaje gufasha abaturage ba Musanze gusa ahubwo n’abandi bo mu tundi turere.”

Umuyobozi wa Hope and Homes for Children yavuze ko u Rwanda ari Igihugu cy’intangarugero mu kwita ku bantu bafite ubumuga.

Atı”Ubumuntu bivuze ndi umuntu kuko nawe uri umuntu hari ibihugu byinshi twagiye dukoreramo, South Africa, Zambia n’ahandi abo bose baza kwigira ku Rwanda kuko ari urugero rwiza mu kwita ku bantu bafite ubumuga , muziko ubu abana bose barimo kurererwa mu muryango aho kuba muri za Olphans, u Rwanda mwamaze kugera ku mtambwe ishimishije nkaha turi muri Musanze, ndashimira NUDOR , NCPD n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel yavuze ko iki kigo ari inzira ikomeye yo gutanga uburezi budaheza.


Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel.

Ati”Dutewe ishema n’iki kigo , kije kugira ngo gikure abana bafite ubumuga mu bwigunge ikindi iyi n’inzira iganisha ku burezi budaheza cyane ko ari na gahunda ya politiki y’Igihugu cyacu , hano ntabwo hazigamo abana bafite ubumuga gusa ahubwo bazajya bigana n’abandi”

İki kigo cyubatse mu murenge wa Gacaca w’Akarere ka Musanze cyuzuye gitwaye amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni 190.

Kugeza ubu mu Rwanda harabarurwa abantu bafite ubumuga basaga ibihumbi 562 184 bafite ubumuga, abantu 250 563 bangana na 44,5% ni ab’igitsina gabo, ab’igitsina gore ni 310 838 bangana na 55,2%, mu gihe abagera kuri 783 bangana na 0,3% nta makuru ahagije ku mibereho yabo yamenyekanye.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru