Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Leta ya Congo yasabye MONUSCO gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe umutwe witwaje intwaro ku ya 23 Ugushyingo.
Mu itangazo Umuvugizi wa MONUSCO yageneye itangazamakuru ku wa 28 Ugushyingo 2022, yavuze ko ubu butumwa bwashyigiye imyanzuro y’uko abarwanyi ba M23, bagomba guhagarika imirwango kandi bagasubira mu birindiro bahozemo mbere.
Iyi myanzuro yafashwe n’abakuru b’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari I Luanda muriAngola, ivuga ko mu gihe abarwanyi ba M23 batahagarika imirwano kandi ntibasubire mu birindiro bahozemo, abakuru b’ibihugu bigize EAC bazategeka ko hakoreshwa imbaraga za gisirikare.
Bwiza dukesha iyi nkuru yavuzeko, uyu muvugizi wa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Congo, Christophe Lutundula, yavuganye na MONUSCO, ayisaba gutanga ubufasha mu gushyira mu bikorwa iyi myanzuro, nayo imwizeza gutanga umusanzu wayo.
Ati: “ku bw’ibyo, ubu butumwa buzatanga ubufasha mu gushyira mu bikorwa byose bijyanye na manda yayo.”
Ubu butumwa buvuga ko bwiteguye kwegera impande zose zafashe iyi myanzuro kugirango ihabwe ibisobanuro byimbitse, kandi ngo buzakorana n’ingabo za EAC n’urwego ruhuriweho rushinzwe gukurikirana ibibera ku mbibi za Congo, ruyobowe n’umusirikare wa Angola.



















