Ndayambaje Jean Claude
Musanze Cycling Club "MCC" ni ikipe yo mu karere ka Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru, imaze umwaka urenga ishinzwe irimo yo gutegura amarushanwa yo gusiganwa ku magare mu rwego rwo gukomeza kumenyereza abakinnyi gukina amarushanwa akomeye.
MCC iheruka kwitabira Irushanwa ryo "Gukunda Igihugu" aho yari ifitemo abakinnyi bagera kuri 5 bakaba baragerageje kwitwara neza ugereranyije n’uburyo batari bamenyeye amarushanwa ari naho umuyobozi Mukuru wayo Bwana Bizimana Festus avuga ko bagiye gukomereza gutegura amarushanwa afasha abana kumenyera.
Aganira n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo.rw yavuze ko barimo gutegura irushanwa muri uku kwezi k’Ugushyingo, bizafasha abakinnyi gukomeza kumenyera amarushanwa .
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yarasoje irushanwa ryo "Gukunda Igihugu " umuyobozi wa Musanze Cycling Club Bizimana Festus washinze iyi Kipe yavuze ko nabo ubwabo bakwiye gutegura irushanwa badategereje Ishyirahamwe FERWACY ko ari ryo yihora riyitegura gusa.
Akomeza agira ati “Turi mu mukino w’amagare, natwe turi mu irushanwa, natwe ubwacu kandi tugomba gutegura amarushanwa, ntabwo tugomba gutegereza ko FERWACY ko ari yo itegura amarushanwa gusa, ahubwo natwe tuzajya tuyategura dutumire amakipe. Ibyo tubirimo kandi tuzabikora muri uku kwezi k’Ugushyingo, turateganya amarushanwa aho twakumvikana na FERWACY no mu buryo tuvuganye nayo kuko ni yo ihagarariye uyu mukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda"
IKipe ya Musanze Cycling Club yavutse mu Ukwakira 2020 aho bihaye intego yo kubaka ikipe ikomeye, cyane ko iherereye mu karere k’ubukerarugendo ndetse uyu muyobozi yatangaje ko bazakomeza kuyishyigikira bagakomeza kuzamura impano muri uyu mukino ukunzwe cyane ku ruhando mpuzamahanga .






















