Bamwe mu baturage bo mu tugari twa Banda na Gakenke turi hagati mu ishyamba rya Nyungwe mu murenge wa Rangiro, bamaze imyaka itandatu badafite umuriro w’amanyarazi nyuma y’aho muri 2019 inkuba ikubise ibikoresho by’mirasire y’izuba byatumaga babona umuriro w’amashayarwazi.
Mu 2017 nibwo umushoramari yashyize ibikoresho bihindura imirasire y’izuba igatanga ingufu z’amashanyarazi mu isantire ya Banda yo mu Kagari ka Banda mu murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke.
Uyu mushinga wa miliyoni 120 Frw wari ufite intego yo gucanira ingo zisaga 500 wakomwe mu nkokora mu 2019 n’inkuba yangije ibikoresho by’umuriro w’amashanyarazi umaze gucanira imiryango 171.
Mu 2022 umushoramari yaguze imashini zimufasha kuringaniza umuriro w’amashanyarazi (stablisateurs) anagura umurindankuba, bituma abaturage bongera kubona umuriro iminsi mike, nabwo bihita byongera gupfa kuko batiri zamufashaga kubika umuriro zari zaramaze gusaza.
Dukuzumuremyi Donath, umwarimu ku ishuri ribanza rya Gasanana, yavuze ko uyu muriro w’amashanyarazi ugikora wabafashaga, haba mu rugo aho atuye no ku kigo yigishaho.
Yagize ati “Tutarabona uyu muriro twakoraga urugendo rw’ibilometero 20 tujya gushaka umuriro wa telefoni. Uyu muriro aho tuwuboneye ubuzima bwarahindutse mu kigo tugura imashini ifotora, abakire bo mu isantere ya Banda bagura ibyuma bisya, ukeneye umuriro akawubona hafi. Icyifuzo cyacu ni uko baduha umuriro uhoraho utari uw’imirasire y’izuba”.
Mukakarangwa Francine, ukorera ubucuruzi mu isantere ya Banda avuga ko abayobozi bose babasuye babizeza ko ikibazo cyo kutagira umuriro w’amashanyarazi kiri hafi gukemuka ariko bagategereza amaso agahera mu kirere.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco yasabye akarere ka Nyamasheke kwicarana na REG bakandikira Minisiteri y’Ibikorwaremezo bayisaba guhindura igishushanyombonera ku buryo Banda ihabwa umuriro ufatiye ku muyoboro mugari.
Yagize ati “Nyuma yo guhindura igishushanyombonera hazakurikiraho gukora inyigo, yo kureba umubare wa transformateur zikenewe, no kureba niba uwo muriro uzaturuka ku muyoboro wo muri Nyungwe cyangwa ku muyoboro wa Cyato”.
Kugeza ubu, Akarere ka Nyamasheke kageze kuri 74,27% mu kwegereza amashanyarazi abaturage, kandi ahakiri ijanisha rito mu kwegereza abaturage amashanyarazi ni mu mirenge ituriye Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.
Sitio NDOLI
























