Isoko mpuzamipaka rya Rugari biturutse ku kuba abenshi mu babagana ari abanyecongo baturutse I Bukavu.
Umwe muri bo ati " Ubu byarahindutse nawe urabireba isoko rimeze neza cyane, maze gucuruza inka zanjye ebyiri. Abashi ndetse n’abakongomani babaye benshi hano."
Nyuma yaho imirwano ihagaze M23 imaze gufata umujyi wa Bukavu, abacuruzi ba matungo muri iri soko bemeza ko ibibazo byahise birangira kuburyo nabaturuka muri uyu mujyi wa Bukavu barushijeho kwiyongera.
buyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwemeza ko nyuma y’intambara amatungo agurishwa i Bukavu yoyengereye buvuga ko umubare wabaturuka muri RDC wiyongereye ariko akenshi bituruka kuri aya mezi y’impeshyi.
Muhayezu Joseph Desire, umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Nyamasheke avuga ko inka amatungo yajyaga muri RDC yari yaragabanutse ariko atari cyane gusa agaragaza ko mu gihe cy’impeshyi abaturuka muri RDC biyongera cyane.
Imibare dukesha Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke, igaragaza ko mu kwezi kwa gatandatu umubare w’abakongomani wiyongereye aho ku isoko rimwe bari 764.
Ni mu gihe inka n’andi matungo yagurishijwe yari 2926.

























