Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Kabila yakuyeho igitaraganya uruzinduko rw’Umunyamaganga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres

Tuesday 10 July 2018
    Yasomwe na

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila, yakuyeho igitaraganya uruzinduro rw’Umunyamaganga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat n’urwa Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Loni, Nikki Haley, bagombaga kugirira i Kinshasa.

Guterres na Mahamat bateganyaga gusura Perezida Kabila muri iki cyumweru. Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Lambert Mende, yatangaje ko aba bayobozi bose bateganyaga gusura iki gihugu bitagishobotse kuko Perezida Joseph Kabila ahuze cyane ku buryo atabona uko yakira abo bashyitsi.

RFI yatangaje ko uru ruzinduko rw’aba bayobozi bombi rwari rugamije gusaba Perezida Kabila kutongera kwiyamamariza indi manda mu gihe izo yemererwa n’amategeko zarangiye muri 2016.

Ku bijyanye n’uruzinduko rwa Nikki Haley, wateganyaga kujya muri RDC muri iki Cyumweru, Mende yavuze ko atabona impamvu yari kumujyanayo.

Yagize ati “Nko kuri Nikki Haley, kuba Perezida yanze guhura na we sinzi impamvu byateje ikibazo. Haley yaje muri RDC ahura na Perezida Kabila, bahuye bonyine iminota 90 mu Ukwakira, amubwira ko umubano na USA, uzajya ushingira ku cyerekezo n’imikorere ye”.

Muri iyi minsi mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari mu myiteguro y’amatora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018.
Mende yavuze ko niba aba bayobozi baje muri Kongo kureba aho imyiteguro y’amatora igeze bahawe ikaze.

Yagize ati “Byaba ari bya bindi ko iyo mu bihugu bya Afurika bageze hagati imyiteguro y’amatora, aba bashyitsi bamwe baza kureba niba imyiteguro igenda neza? Niba ari byo, barakaza neza mu gihugu cyacu.”

Umuvugizi w’Umuryango w’Abibumbye, Farhan Faq yatangaje ko nta yindi gahunda yo kuba Guterres azongera gusura Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo vuba aha mu gihe yaba atayisuye muri iyi minsi, yavuze ko nibaho bazabitangaza.

Gusa Guverinoma ya RDC yatangaje ko Guterres na Faki bahawe ikaze muri iki gihugu ariko bazajyayo ku itariki bazumvikanaho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru