Nyirabahire n’Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushizwe imibereho myiza,ni umubyeyi w’abana batatu n’umugabo, afite icyiciro cya 2 cya kaminuza muri (Project management), n’icyiciro cya 3 cya kaminuza muri (Planning)yakuye mu gihugu cya Cameroon, ahitwa Doual.
Sibyo gusa kandi Nyirabahire yakoze muri Caritas Rwanda, Care Intern ndetse anakora muri Handicap International muri ibi bigo byose yakozemo yari ashinzwe kwandika imishinga iciriritse iteza imbere abatishoboye muri ibyo bigo (Strategic Plan).
Kugeza ubu Madame, Nyirabahire n’Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushizwe imibereho myiza, aho akomeje guteza imbere abagore n’abatishoboye.
Kuri ubu Nyirabahire yemejwe bidasubirwaho nk’umukandida Depite, uhagarariye abagore mu mujyi wa Kigali, akaba ari muri cya cyiciro cyihariye cy’abagore, bazatangira kwiyamamaza kuri 20 kanama 2018.


















