Ubwo Perezida Kagame yari mu muhango wo kurahira kw’abagize inteko ishingamategeko kuri uyu wa Gatatu, yahishuyeko bitewe nicyo abona kuri bamwe mu bantu bitwaza amadini, bagateka imitwe, bigiye gutuma hashyirwaho imisoro utangwa n’isengero.
Nyuma yaho hamaze iminsi hari inkubira yo gufunga isengero hirya no hino mu gihugu, aho leta ivuga ko zitujuje ibisabwa. Perezida Kagame nawe yabigarutse agaragaza ko bitewe n’amanyanga abona agaragara kuri bamwe, bitwaje amadini, isengero zigiye gushyirirwaho imisoro.
Yagize ati" Aba bantu bateka umutwe, bakanyura muri ibi by’amadini, bakambura abantu ibyabo, bagatwara amafaranga, umutungo wabo, birazagutuma dushyiraho umusoro, umuntu asorera icyo yinjije".
"Waba wacyinjije ku binyoma, waba wabeshye abantu ukabatwara ibyabo, igihe urwo rubanza rutaracibwa yuko ibyo wakoze ari ibinyoma cyangwa iki? Reka hajyeho umusoro".
Perezida Kagame kandi yaboneye gusaba aba Badepite bari bamaze kurahira kugira uruhare muri bino bikorwa.























