Abantu 9 baturuka mu muryango umwe biciwe mu gitero cya bombe cyari giteze mu modoka mu ntara ya Hiraan iri hagati mu gihugu muri Somalia.
Usibye ayo makuru yatanzwe n’uwabibonye, Umukuru w’igipolisi wungirije muri ako karere yabwiye Reuters ko hari n’abandi bantu 26 na bo bishwe.
Umutwe wa al-Shabab ni wo wigambye iki gitero.
Umukuru w’umugi wa Mahas avuga ko ibiro bye hamwe n’iby’ umwe mu badepite aribyo bya byari bigambiriwe.
Hagati aho, ikindi kibombe cya kabiri cyaturikiye mu isoko, nk’uko umukuru w’umugi wa Mahas, Mumin Mohamed Halane, yabibwiye BBC.
Ibyo bibombe byari bikomeye cyane ku buryo ababibonye bavuga ko n’abantu bari kure y’aho byaturikiye bakomerekeshejwe n’ibipande byahatarukiye.




















