Ishyirahamwe ry’iterambere ry’ibihugu byo mu majyepfo y’Afrika (SADC) ryasabye ko hasubira kubarwa amajwi muri Republika ya Demokrasi ya Kongo mu guhosha imishyamirane ituruka ku byavuye mu matora ya prezida.
Iryo shyirahamwe ryo mu karere ririmwo n’igihugu cya Republika ya Demokrasi ya Kongo ryahamagariye abategetsi b’icyo gihugu gushyiraho leta ihuriyemo abakandida baturuka mu mashyakaatandukanye nyuma y’aho hamaganwe ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu.
SADC ivuga ko ishyigikiye ko amajwi asubirwamo mu gihe hari igice cy’abatavuga rumwe na leta batemera ibyavuye mu matora.
Ku cyumweru, prezida wa Zambia Edgar Lungu, ari na we uyoboye ishyirahamwe SADC muri kino gihe, yahamagariye abategetsi ba Kongo gushaka ubwumvikane muri politike binyuze mu biganiro kugira hajyeho leta y’ubumwe.
Mw’itangazo yashyize ahabona, Prezida Edgar Lungu yavuze ko umushyikirano nk’uwo wafasha gushakira ibisubizo ikibazo cy’abari kwamagana ibyavuye mu matora.
Iryo tangazo rirangira rigira riti "birakenewe ko muri iki gihe kidasanzwe abategetsi ba Republika ya Demokrasi ya Kongo bwafata iya,bere mu kuranya ubushyamirane."
Mu buryo butari bwitezwe n’indorerezi nyisnhi, akanama gashinzwe gutunganya amatora muri Kongo (CENI) katangaje mw’ijoro ryo ku wa gatatu rishyira ku wa kane intsinzi y’uwutavuga rumwe na leta Felix Tshisekedi, akaba yarushije Martin Fayulu hamwe n’umukandida warushyigikiwe na Joseph Kabila, Emmanuel Shadary.
Ceni kandi yatangaje ko abashyigikiye prezida Kabila ari bo batsindiye imyanya myinshi mu nteko nshingamategeko; bisobanura ko mu butegetsi bushyashya hazaba harimwo abo kwa Kabila.




















