Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi nzira y’amazi, imaze guhungabanywa n’intambara yatangiye nyuma y’ibitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran mu mpera za Gashyantare.
Ariko ibihugu bikomeye bifatanya na Amerika birimo Japan na Australia byatangaje ko nta gahunda bifite yo kohereza amato y’intambara kurinda amato anyura muri ako gace.
Minisitiri w’Intebe wa Japan Sanae Takaichi, yavuze ko igihugu cye kigomba kubahiriza itegeko nshinga rikumira kohereza ingabo mu ntambara zo hanze, nubwo Japan ibona hafi 95% by’amavuta yayo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Trump yanahamagariye ibindi bihugu birimo China, France, South Korea na United Kingdom gufasha kurinda iyi nzira y’ingenzi.
Hagati aho, amasoko y’ubukungu ku isi akomeje kwitonda mu gihe ibiciro by’amavuta bikomeje kurenga amadolari 104 kuri buri ngunguru. Iran yo yavuze ko yiteguye kwirwanaho igihe cyose bizaba ngombwa.
Ghislaine Kamikazi















