Urweo rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi umugabo wa Nyiraneza Esperance, umubyeyi uherutse kwirukanwa azira gutuma umutetsi (Umukwikwi) w’ikigo cy’ishuri kujya guhagararira ubuyobozi mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Baharakwibuye Jean, umugabo wa Nyiraneza akurikiranyweho gukora Jenoside mu 1994.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yavuze atuye mu mudugudu wa Dufatanye mu kagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu.
Yagize ati "Akekwaho gukora Jenoside aho mu gihe cya Jenoside, yishe umugabo witwa Sebunyoni Jean."
Yakomeje avuga ko uwo mugabo w’imyaka 52 yatangiye gukorwaho iperereza nyuma yuko habonetse umubiri wa Sebunyoni.
RIB ivuga ko bikekwa ko icyo cyaha yagikoreye mu mudugudu wa Busanganya mu kagari ka Gacurabwenge mu murenge wa Busasamana.
Kugeza ubu hari gukorwa dosiye y’ikirego kugira ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha nabwo buzamureegere urukiko rubifitiye ububasha.
























