Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Musanze umupolisi yarashe umwe mu basore bari bitwaje intwaro gakondo arapfa, birakekwa ko ari umujura.
Ibi byabereye mu Murenge wa Musanze Kagari ka Rwambogo, mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023, ubwo abasore batatu bahuraga na Polisi bitwaje intwaro gakondo hanyuma ibahagaritse kugira ngo imenye aho bava naho bajya banga guhagarara ahubwo bashaka kurwanya abapolisi, biba ngombwa ko barasa.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru SP Ndayisenga Alex aganira n’umunyamakuru wa kigalitoday yemeje aya makuru.
Ati: "Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru mu ma saa sita n’igice, ubwo Polisi yari mu kazi kayo ko gucunga umutekano, yahuye n’insoresore eshatu, bikekwa ko ari abajura, ibahagaritse kugira ngo igenzure abo aribo n’ibyo bari bafite, banga guhagarara ahubwo bashaka guhangana na Polisi bakoresheje intwaro gakondo bari bitwaje."
SP Alex Ndayisenga yakomeje agira ati: "Ubwo bageragezaga gucika byatumye habaho kurasa, umwe muri bo wari ufite igikapu, Polisi yasanze kirimo mudasobwa (Computer ) imwe na telefoni enye, bigaragara ko aribyo bari bamaze kwambura abaturage”.
Uyu muvugizi yavuze ko umwirondoro w’uyu warashwe wamenyekanye, ngo ni umwe mu bavugwaho gutega abaturage no kubambura ibyabo, abandi babiri batorotse bakaba bakomeje gushakishwa ngo nabo bafatwe.
Yongeye kugira inama bamwe mu nsoresore zidashaka gukora ahubwo zishaka gutungwa n’iby’abandi, ko badashobora kwihanganirwa aho yavuze ko Polisi yabahagurukiye kandi ntaho kwihisha bazabona.
Ubu bwabuzi bukorwa n’izo nsoresore bukomeje kwibasira akarere ka Musanze, aho abaturage basigaye bataha hakiri kare kubera ubwoba bwo gutekereza ko baterwa kaci bakamburwa imitungo yabo.






















