Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Umunyamakurukazi yarokotse amenyo y’ingona yashatse kumurya ubwo yafatiraga amashusho hafi yayo

Saturday 6 June 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Umunyamakurukazi witwa Zarisha Bradley ukorera ikinyamakuru cyitwa Nine News cyo muri Australia, yarusimbutse ubwo yakoreraga inkuru yo kuri TV ku bwato bufunguye hafi y’igishanga kibamo ingona ikamusimbukira ikamuhusha.

Ubwo uyu mugore yakoraga inkuru hafi y’iki gishanga,iyi ngona abantu bise Bonecruncher yavuye mu mazi iramusimbukira ngo imurye ariko kuko yari kure yayo gato ararokoka.

Mu mashusho yakwirakwijwe hirya no hino mu binyamakuru,yagaragaje uyu munyamakuru agiye kuribwa n’iyi ngona hanyuma ahita ahunga ajya kure.

Uyu munyamakuru wa Nine News witwa Zarisha Bradley yarokotse aya menyo y’ingona ku munsi w’ejo ubwo yari yagiye gukorera inkuru muri iki gishanga akegera hafi cyane yacyo ari gufata amashusho.

Uyu munyamakuru akimara kubona iyi ngona imuhushije yahise avuza induru,arahunga ahita yicira ijisho uwamufataga amashusho ngo abihagarike.

Muri aya mashusho uyu munyamakurukazi yahise aseka nyuma yo gucika iyi ngona,aravuga ati “Ntugasekere ingona [crocodile].

Sintekereza ko nahunze cyane ariko icyo nababwira nuko nta kibazo nagize.Yansimbukiye ariko ntacyo yantwaye.Nagiranye ibihe byiza na Bonecruncher.

Amakuru avuga ko iyi ngona yari imaze amezi 6 yaraburiwe irengero nyuma y’aho agace yabagamo katwitswe n’inkongi y’umuriro yibasiye Australia muri Mutarama uyu mwaka.

Iyi ngona yacitse akaguru kayo kamwe imeneka n’ijisho ubwo yarwanaga n’indi byabanaga mu gishanga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru