Ahagana saa 18h00’ z’umugoroba tariki ya 14 Mutarama 2026 nibwo abantu 8 muri 23 bari mu modoka ya Van ya polisi ibajyanye mu kigo banyuramo by’igihe gito (Transit ) basunitse urugi barasimbuka umwe ahita yitura hasi arapfa.
Kuri iki kibazo twavugishije umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ngirabakunzi Ignace atubwira uburyo byagenze.
Yagize ati”Nibyo aya makuru niyo bari abantu 23 bafatiwe mu bikorwa bihungabanya ituze n’umutekano by’abaturage aho bari bajyanywe mu kinigi mu kigo banyuramo by’igihe gito (transit) hanyuma 8 muri bo basunitse urugi rw’imodoka umwe yitura hasi arapfa abandi barindwi (7)batorotse bakomeje gushakishwa.’’
Bamwe mu baturage babonye ibi biba babwiye MAMA URWAGASABO ko imodoka yarimo izamuka iturutse mu muhanda ugana ku murenge wa Musanze ubwo igeze ahahoze irimbi rusange mu Kinigi babona abantu barimo gusimbuka imodoka ari nako uwo nyakwigendera yituye mu muhanda ahasiga ubuzima.
Umuvugizi wa polisi kandi yavuze ko bakomeje gukora iperereza ngo bamenye icyatumye ibi biba ngo kuko bitari bisanzwe.

























