Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

AMAVUBI ASOJE IMIKINO YA GICUTI NTA GITEGO YINJIJE.

Tuesday 10 June 2025
    Yasomwe na

Ikipe y’u Rwanda Amavubi nyuma yo gutsindwa na Algeria y’abakinnyi babigize umwuga mu cyumweru gishize bongeye gutsindwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu cya Algeria ibitego 2-0. Ni ibitego byabonetse mu gice cya mbere, ndetse no mu gice cya kabiri, bitsinzwe na Boulbina Adel ni nyuma yo guhushije penaliti umupira ugaruka mu rubuga rw’amahina, nibwo Boulibina ku munota wa 40 yahise afungura amazamu, ninako igice cya mbere cyarangiye.


11 b’Amavubi mu mukino batsinzwemo na Algeria.

Umutoza w’Amavubi Adel Amrouche yari yabanje mu kibuga abakinyi bashya barimo Kayibanda Claude na Enzo Hamon utibagiwe na Noe Uwimana, ariko ntacyo bagejeje ku bakunzi b’Amavubi kuko yakomeje kurushwa cyane na Algeria. Ku munota wa 71 Algeria yongeye gutsinda igitego cya kabiri cyatsinzwe na Khacef Naouef.


Amavubi atsindiwe muri Algeria imikino ibiri.

U Rwanda rwagerageje gukora impinduka kuko Ntwari Fiacle yaje kuva mu kibuga, maze izamu ry’Amavubi ririndwa na Buhake Clement, ari nako Gitego Athur na Mugisha Gilbert baje kujya mu kibuga gufasha bagenzi babo, ariko byarangiye nta musaruro ufatika batanze ku busatirizi bw’Amavubi kuko umukino waje kurangira u Rwanda rutsinzwe ibitego 2-0.

Byitezweko Amavubi agaruka i Kigali, abakinnyi bakaza kwitegura isoko ry’igura n’igurisha abandi bakajya mu biruhuko, ni mu gihe amashampiona menshi ku Isi yasojwe.

Egide NIYOYITA

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru