Umwarimukazi wigisha imyitozo ngororamubiri witwa Tiffany Eichler w’imyaka 36 ukomoka muri Ohio muri USA yahamwe n’icyaha cyo gusambana n’abanyeshuli be batatu barium umwe yasambaniye nawe mu biro bye akamutera indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Uyu mwarimu ufite umugabo babanye mu buryo bwemewe n’amategeko yamaze gufungwa nyuma yo gusambana n’aba banyeshuli yigishaga isomo ry’imyitozo ngororamubiri (sports).
Uyu mwarimu yabwiye abayobozi b’ikigo cye ko umwe mu babyeyi b’aba bana yamusabye guceceka akamuha amafaranga nyuma y’ibi bikorwa bibi yakoze.
Uyu mwarimu yemeye ibyaha byose ashinjwa ndetse avuga ko umunyeshuli umwe basambaniye mu biro bye byo ku ishuli rya McKinley Senior High School,undi bagasambanira mu modoka ye ubwo hari habaye umunsi mukuru w’ababyeyi.
Umuyobozi wa polisi yo mu gace iri shuli riherereyemo yatangaje ko bababajwe n’imyitwarire y’uyu mwarimu ndetse bidakwiriye ko umuntu ushinzwe uburezi yakora igikorwa kigayitse nk’iki.





















