Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

ARERUYA JOSEPH NI WE MUNYAFURIKA WA MBERE WO MUNSI Y’UBUTAYU BWA SAHARA WITABIRIYE PARIS-ROUBAIX

Wednesday 27 March 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Areruya Joseph niwe munyafurika wa mbere ukomoka mu Rwanda wo munsi y’ubutayu bwa Sahara uzitabira irushanwa ry’amagare rya Paris-Roubaix, byitezwe ko rizatangira ku wa 14 Mata 2019.

Iri ni rimwe mu marushanwa akunzwe muri uyu mukino kuko ryatangiye mu mwaka wa 1896. Ni n’irushanwa rigoye cyane bitewe n’imihanda ikoreshwa, ku buryo baryita ‘l’enfer du Nord’, ‘la reine des classiques’ cyangwa ‘la dure des dures’.
Areruya w’imyaka 23 amaze kumenyerwa mu mukino w’amagare aho ubu akina mu ikipe ya Delko-Marseille-Provence, ariko mu Rwanda akaba yaranditse amateka aho yanegukanye Tour du Rwanda yo mu 2017.

Byitezwe ko ku wa 14 Mata azaba ari kumwe n’abandi ahitwa La Compiègne aho bazahagurukira, bagasiganwa ibilometero 257, birimo 54.5 bigizwe n’umuhanda w’amabuye, nk’uko byagenze umwaka ushize. Iyo mihanda isaba ubwenge n’imbaraga nyinshi.

Mu nshuro 116 rimaze kuba, nta mukinnyi ukomoka muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara wigeze aryitabira. Kugeza ubu umunyafurika warikinnye ni umunya-Maroc, Rafaâ Chtioui mu 2011 no mu 2012. Mu myaka ishize abanya-Eritrea Merhawi Kudus na Daniel Teklehaimanot bo bitabiriye isiganwa Liège-Bastogne-Liège.
Umuyobozi Mukuru w’ikipe ya Delko Marseille Areruya akinira, Frédéric Rostaing, yabwiye RFI ko mu cyumweru gishize yitabiriye amasiganwa atatu atandukanye mu Bubiligi no mu majyaruguru y’u Bufaransa, ku buryo ubu ameze neza.
Ati “Na mbere twari dufite igitekerezo cyo kumwifashisha mu irushanwa Paris-Roubaix, ariko aza kugira ikibazo. Ubu rero bwo yiteguye irushanwa rya Roubaix.”
Areruya amaze kuba umukinnyi w’amagare ukomeye kuko umwaka ushize yatowe nk’umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka, nyuma yo kwegukana irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.

Rostaing yavuze ko ashingiye ku bushobozi bwa Areruya, yizeye ko azabasha guhatana nubwo ataragera ku rwego rw’abamenyereye iri rushanwa nka Peter Sagan waryegukanye umwaka ushize

Src: celebs

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru