John Legend utegerejwe mu gitaramo cya Move Afrika, yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025.
Yageze ku Kibuga cy’indege cya Kanombe ari kumwe n’umugore we, Chrissy Teigen, usanzwe ari n’umunyamideli ukomeye.
Igitaramo cya ‘Move Afrika’ gitegerejwemo John Legend kiraza kubera muri BK Arena ku mugoroba wo kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025, aho aza guhurira ku rubyiniro n’abarimo Bwiza na DJ Toxxyk.
John Legend abaye umuhanzi wa kabiri ukomeye utumiwe mu gitaramo cya Move Afrika, nyuma ya Kendrick Lamar.
Iki gitaramo cya John Legend kigiye kuba ku bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen; ubinyujije muri gahunda ya Move Africa ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB.
Global Citizen ihuza muzika na politiki kugira ngo hakorwe ubukangurambaga bushingiye ku bikorwa, ibirori byerekanwa imbonankubone ku Isi hose, inama z’abayobozi, n’ibindi kugira ngo bikemure ibibazo byihutirwa byugarije ikiremwamuntu.

























