Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abagore batwite n’abonsa bemerewe guhabwa urukimgo rwa COVID-19

Wednesday 28 July 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Mu gihe u Rwanda rwatangiraga gutanga urukimgo rwa COVID-19 Ikigo cy’Ubuzima RBC cyari cyakumiriye ababyeyi bonsai n’abatwite kwirinda kwihutira gufata urwo rukingo cyane ko nta bushakashatsi bwari bwagaragaze niba nta kibazo cyangwa ingaruka rqagira ku utwite Cyangwa ku mwana.

Kuri uyu wa Gatatu Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, Dr. NSANZIMANA Sabin yatangaje ko noneho abari muri icyo kiciro nabo bemerewe guhabwa urukimgo rwa COVID-19 unwoko ubwo ari bwo bwose mu ziri gutangwa ku butaka bw’u Rwanda.

Yavuze ko ababyeyi bonsa n’abatwite bashobora gufata urukingo rwa COVID19. Icyorezo kizahaza cyane abagore batwite kandi ubushakashatsi bwatangiye kwerekana ko ubudahangarwa umubyeyi abona nyuma yo gukingirwa ashobora kubusangiza umwana we binyuze mu kumwonsa.

Yakomeje agira ati "Abagore batwite bimaze kugaragaza ko bibasirwa na COVID-19 kurusha abadatwite igihe bahuye nayo. Turashishikariza rero abagore batwite n’abaganga babakurikirana yuko bahabwa ayo mahirwe yo kubaha urwo rukungo, turinda ubuzima bw’uwo mubyeyi tunarinda ubuzima bw’uwo mwana; tunashingiye ko urwo rukungo ntabwo ari urukimgo rukoze muri virusi nzima ngo yatera uburwayi cyangwa ikindi kibazo ndetse nta nubwo ari urukingo rwinjira mu turemangingo umubyeyi aba asangiye n’umwana we."

Yongeweho ko ku bonsai ubushakashatsi butangiye kugaragaza ko uwonsa umwana adakwiye kwiyima amahirwe y’urukingo rwa COVID-19.

Ati "Kuko ubushakashatsi bumaze gukorwa n’abakingiwe bose mu gihe tumaze cyose dutanga uru rukingo biragarahara ko nta ngaruka uru rukingo rufite haba ku mubyeyi wonsa ndetse no ku mwana ku buryo ahubwo ababyeyi bonsai urukingo rushobora kuba rwagira icyo rurinda umubyeyi ndetse rukagira n’icyo rurinda umwana; urukingo rero ku mubyeyi wonsa no kutwitse rushobora gutangwa kugira ngo hirindww ibyago byaterwa n’iyi virusi ya COVID-19."

Iyi irasa n’inkuru yakiranywe yombi n’ababyeyi bamwe bari bafite impungenge ko yabageraho igasanga batarikingije ikintu cyatumye bamwe, nk’uko babitangarije RBC kuri Twita ko bari narakuye abana ku ibere kugira ngo bahabwe urukingo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru