Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abakoresha telephone za Huawei bagiye kubura serivisi zifatiye kuri Android nka youtube na gmail

Monday 20 May 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Kompanyi y’ikoranabuhanga ya Google yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yabujije Huawei ikora telefone zigezweho gukoresha uburyo bushya bwayo bwa Android, ibi bikaba ari ingorane kuri iyi kompanyi y’Abashinwa yabujijwe zimwe muri "applications" za Google.

Ni mu gihe intambara y’ubucuruzi hagati y’Ubushinwa n’Amerika irimbanyije.
Mu cyumweru gishize, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump w’Amerika bwashyize Huawei ku rutonde rwa kompanyi zibujijwe gukoresha ikoranabuhanga ry’Amerika zidahawe uburenganzira n’ubutegetsi bw’iki gihugu.

Google yasohoye itangazo ivuga ko Huawei igomba "gukurikiza amabwiriza". Huawei yo yanze kugira icyo itangaza kugeza ubu.
Ubwo Google izavugurura uburyo bwayo telefone zigezweho zikoresha bwitwa Android, abakoresha telefone za Huawei ntabwo bazabasha kububona.

HARI IZIHE NGARUKA KU BAKILIYA BA HUAWEI?

Mu byo abakoresha Huawei bazabura, harimo YouTube, Gmail ndetse na serivisi z’amakarita (maps).

Ben Wood, umuhanga mu by’ikoranabuhanga wo mu kigo CCS Insight consultancy, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko iki cyemezo cya Google "gifite ingaruka zikomeye ku bucuruzi bwa Huawei".

Ku wa gatandatu, Ren Zhengfei, umuyobozi mukuru wa Huawei, yabwiye ibitangazamakuru byo mu Buyapani ko bari biteze ibi bikorwa by’Amerika.
Yemeje ko iyi kompanyi yatangiye kwishakira ibisubizo byayo.

Hari ibihugu binyuranye byagaragaje impungenge ko Huawei ikoreshwa na leta y’Ubushinwa mu kuneka abantu, iyi kompanyi ikaba ibihakana yivuye inyuma ikemeza ko itagengwa na leta.

Imibare y’igitangazamakuru Forbes cyibanda ku nkuru z’ubukungu n’imari igaragaza ko mu mwaka ushize Huawei yaciye kuri Apple y’Abanyamerika ijya ku mwanya wa kabiri muri kompanyi zikora zikanacuruza telefone nyinshi ku isi. Samsung, y’Abanyakoreya y’Epfo, ni yo ikiri ku mwanya wa mbere.

Inkuru ya BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru