MUTUNGIREHE SAMUEL
Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri igeze ku musozo yasize mu ngingo ya Gatatu ivuze ko ibiro by’inzego za Leta n’iby’abikorera bifunze, abakozi bose basabwa gukorera mu rugo keretse abatanga serivisi z’ngenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.
Iyi myanzuro yari iteganyijwe kumara ibyumweru bibiri birangira kuri uyu wa Gatatu hagatangazwa indi abaturarwanda bagenderaho mu gukomeza kwirinda gukwirakwiza virusi ya Corona imaze kwihionduranya, DELTA.
Mu gihe haburaga iminsi mike ngo iyi myanzuro igere ku musozo, abakozi ba Leta barimo gukorera mu rugo bongereweho inshingano zo kujya bakurikirana ubuzima bw’abarwariye COVID-19 mu ngo, bakanatanga raporo umunsi ku wundi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasobanuye ko bagiye kunganira inzego z’ibanze n’Abajyanama b’Ubuzima mu rwego rwo kwirinda ko hari abarwaye icyorezo bagikwirakwiza mu bandi bava mu ngo.
Ku ruhande rw’Akarere ka Kicukiro, Umuyobozi Nshingwabikorwa wako, Umutesi Solange, yasobanuye ko nk’akarere kabo kugeza ubu karwariyemo bagera ku 1682, abo akozi bagiye kubafasha cyane.
Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Gatatau, agira ati "Barajya bafatanya n’Abajyanama b’Ubuzima gusura abarwariye covid-19 mu cyumba; barabasura bakamenya uko bameze, urembye bagahita babimenyesha inzego zibishinzwe, ufite ikindi kibazo cy’ubuzima bakabimenyesha kandi abakozi b’ibigo bya Leta na za minisiteri mu midugudu barimo ni benshi.
Ni izindi mbaraga twungutse, kandi ni n’uburyo bwongewemo kugira ngo ibibazo byose byashoboraga kuvuka kuri uyu muntu urwariye mu cyumba kubera wenda ko Umujyanama w’Ubuzima atabashije kumugeraho ku gihe kuko atari benshi (ni babiri ku mudugudu) kandi hari imidugudu usanga irimo abarwaye nka 10 barwariye mu rugo."
Umutesi yakomeje avuga ko bamaze kubona ko abo bakozi aho bari mu karere mu midigudu bakora, raporo zibageraho kandi hari n’aho bafatanya mu kazi ka buri munsi bashyizweho n’akarere.
Buri mu kozi abwirwa umubare w’ingo agomba gusura, akagira itsinda ajyana naryo, akanibuka guanga raporo y’izo ngo basuye kandi ntibimubuze no gukomeza gukora akazi ka Leta gasanzwe mu gihe bibaye ngombwa.
Iyo raporo ishyikirizwa umukuru w’Umudugudu nawe akayigeza ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari nawe akayigeza ku nzego zimukuriye.















