Ihuriro rya Aliance Fleuve Congo (AFC/M23) yatangaje ko kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Werurwe 2025, yohereje itsinda ry’abantu batanu i Luanda, muri Angola mu biganiro n’abahagarariye Leta ya DRC.
Iri huriro ryaboneyeho gushimira Perezida, João Lourenço, wa Angola, ku bw’imbaraga ashyira mu gukemura amakimbirane akomeje kubera muri RDC.
Mu minsi ishize umwe mu bayobozi ba AFC/M23 yavuze ko isaba umuhuza Joao Lorenzo ko ubutaha yajya atumira AFC/M23 aho gutumira M23 gusa.


















