Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abapilote babiri ba Air France birukanywe nyuma yo gushyira ubuzima bw’abagenzi mu kaga

Tuesday 30 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Abapilote babiri ba kompanyi y’Ubufaransa itwara abantu mu ndege, Air France, bahagaritswe ku kazi nyuma yo kukarwanira ndege.

Umupilote mukuru (kapiteni w’indege) n’umwungirije wa mbere bateranye ingumi ubwo bari batwaye indege yo mu bwoko bwa Airbus A320 yavaga i Genève mu Busuwisi yerekeza i Paris mu bufaransa mu kwezi kwa gatandatu, nkuko byatangajwe n’igitangazamakuru La Tribune cyo mu Busuwisi.

Umwe mu bakozi b’indege yagumye mu cyumba baba batwariyemo indege kugeza urwo rugendo rurangiye mu mutekano.

Air France yabwiye La Tribune ko ibyo byabaye hagati y’abapilote bayo bitagize ingaruka kuri urwo rugendo.

Ibi bibaye nyuma ya raporo yatangajwe ku wa kabiri ushize n’urwego rw’Ubufaransa rukora iperereza ku ngendo zo mu ndege, yavuze ko Air France ifite umuco ubuzemo igitsure ku bijyanye n’ingamba z’umutekano.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru