Gukora inkuru zirimo iz’ubuvugizi izijyanye n’ibyaha akenshi wasangaga abanyamakuru bafata uruhande cyangwa bagashaka kugaragara mu nkuru, kimwe mu byo biyemeje guhindura nyuma y’amahugurwa bahawe.
Ni amahugurwa bahawe na Fojo Media Institute ku bufatanye na AFRI-MEDIA LTD, ku gukora nkuru z’ibyaha no kubahiriza amahame agenga umwuga w’itangazamakuru, akaba yarabaye kuva tariki 22 Nyakanga kugera tariki 24 Nyakanga 2026.
Muri aya mahugurwa Me Ibambe Jean Paul, impuguke mu mategeko, yavuze ko umunyamakuru agomba kumenya neza aho inshingano ze zigarukira, mu bigendanye no gukora inkuru.
Yasobanuye ko umunyamakuru atagomba kwitwara nk’umugenzacyaha, umushinjacyaha cyangwa umucamanza, kuko inshingano ye ari ugukusanya no gutangaza amakuru yizewe, ashingiye ku bimenyetso n’amakuru atangwa n’inzego zibifitiye ububasha.
Me Ibambe yagaragaje ko hari igihe umunyamakuru ashobora kwihutira gutangaza icyateye urupfu rw’umuntu cyangwa akemeza ko runaka ari we wakoze icyaha, kandi iperereza ritararangira.
Yatanze urugero rw’impanuka zo mu muhanda, avuga ko kuba umuntu yagonganye n’imodoka bidahita byerekana icyateye urupfu rwe, kuko impamvu nyayo ishobora kumenyekana nyuma y’isuzuma rya muganga.
Yagize ati “Kuba umuntu yagonganye n’imodoka ntabwo bihita bisobanura icyamwishe. Hari igihe impamvu y’urupfu imenyekana nyuma y’isuzuma rya muganga.”
Aha ni naho yavuze ko mu gihe umuntu yapfuye impamvu hakorwa isuzuma ry’icyamwishe, ari uko muganga ari we ufite ububasha bwo gutangaza icyishe umuntu.
Abanyamakuru bitabiriye aya mahugurwa bavuga ko bugutse ubumenyi bugiye gutuma bakora kinyamwuga.
Umwe yagize ati’’Ngiye gutangira gukora inkuru zijyanye n’ubutabera nirinda amarangamutima, mparanira ko abazayisoma izagire icyo ibungura.’’
Undi nawe ati’’Mu byo nkora nzajya nirinda kwerekana isura y’uregwa, kuko ashobora kuba umwere, ndetse n’igihe nkora ubuvugizi uwo ndi gukorera inkuru sinzajya mwerekana kubera umutekano we.’’






















