Saturday . 18 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Abasirikare Bakuru 10 N’abandi Bato 57 Birukanwe Muri RDF

Friday 10 August 2018
    Yasomwe na

Igisirikare cy’u Rwanda cyasezereye abasirikare bakuru (ofisiye) 10 n’abandi basirikare bato 57 bazira imyitwarire mibi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa kane n’umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda.

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt. Col. Innocent Munyengango kuri uyu wa Kane, akaba yatangaje ko buri umwe muri aba basirikare birukanwe yari afite dosiye yihariye ariko bose bahuriye ku kibazo cyo kugira imyitwarire mibi.

Mu kiganiro yahaye The East African, Col Munyengango yavuze ko iyirukanwa ryabo ryakurikije amategeko ya gisirikare ndetse rikemezwa n’inama y’abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuwa Gatatu ushize.

Abasirikare bakuru 10 birukanwe binyuze mu iteka rya perezida mu gihe abandi basirikare bato 57 birukanwe binyuze mu iteka rya minisitiri. Aya mateka yose akaba yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri.

Igisirikare cy’u Rwanda kiravuga ko amwe mu makosa yatumye aba birukanwa harimo; ubusinzi, ibyaha byoroheje no kuba hari ibyaha bahamijwe.

Iteka rya perezida No 22/01 ryo kuwa 21/10/2016 rishyiraho statut idasanzwe y’igisirikare cy’u Rwanda (RDF) rivuga ko igikorwa cyose giteye isoni, kitemewe, kinyuranyije n’amahame ya RDF n’amategeko gishobora gutuma uwagikoze yirukanwa.

Hiyongeraho ko iyo ukoze icyaha gituma urukiko rugakatira kugeza ku mezi 6 nabwo uwagikoze yirukanwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru