Nyuma y’uko abatuye ku kirwa cya Nkombo kikaba n’umwe mu mirenge igize akarere ka Rusizi bahuye n’ikibazo cy’imvura nke igatuma bateza imyaka, kuri uyu wa Gatanu abaturage bo mu Karere ka Rubavu mu mirenge ya Bugeshi, Busasamana na Kanama bakusanyije ibiribwa boherereza bagenzi babo mu rwego rwo kubasangiza ubunani.
Ku Nkombo bari barahinze ibigori mu materasi n’indi myaka ntibeza kubera ibura ry’imvura bagize mu gihembwe cy’ihinga 2022 A.
Ibiribwa abaturage b’Akarere ka Rubavu bageneye ikirwa cya Nkombo ni toni 27 z’ibirayi, toni 15 z’amashu na toni 1,5 y’ibishyimbo bihabwa imiryango123 ishonje kuruta indi n’ubwo muri rusange imiryango ibihumbi 3 kuri 3957 ituye iki kirwa igikeneye ubufasha.
Ibi biribwa bahawe bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 7.645.000.
Itsinda ryazanye iyi nkunga ryari riyobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse wakiriwe na mugenzi we wa Rusizi Dr. Kibiriga Anicet n’inzego z’umutekano muri aka karere.
Abaturage b’Umurenge wa Nkombo bashimiye bagenzi babo babagobotse ndetse banashimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame utoza Abanyarwanda umuco wo gusangira ariko no gutabarana.




















