Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Abaturiye umupaka wa Nemba barasaba gukurirwaho amananiza

Monday 21 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abaturiye umupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi, ku ruhande rw’akarere ka Bugesera barasaba ko hakurwaho amananiza y’amafaranga menshi basabwa.

Ibyumweru hafi 3 bigiye gushira imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi ifunguye, gusa nubwo bimeze bityo abaturiye imipaka mu Bugesera baracyabangamiwe n’uko bo batabasha kwambuka.

Ikibazo nyamukuru ngo ni amafaranga bakwa yo kwipimisha Covi-19 ku mupaka.

Abaturage impamvu batishimira guca kuri duwane bambuka, babwiye Ijwi ry’America dukesha iyi nkuru bati: “kubera inzara n’amapfa ntabucuruzi buhari…kwambuka busaba amadorari 16 angana n’amafaranga y’u Rwanda 16,800 ubwo rero kugirango uyabone n’iri zuba riri aha ntabwo yapfa kuboneka.”

Ayamakuru akomeza avuga ko kuruhande rw’u Burundi bakwa amafaranga agera ku bihumbi 16,000RWF, naho ku ruhande rw’u Rwnda bakwa agera ku bihumbi 5000RWF gusa yo kwipimisha Covid-19.

Mu minsi ishize Guverinire w’intara y’Amajyepfo Gasana Emmanuel n’uw’intara y’Uburasirazuba Kayitesi Alice, bahuriye n’w’intara ya Kirundo mu Burundi basuzuma ibibazo by’abaturage b’ibihugu byombi.

Gusa uwo muyobozi we yavuze ko icyo kibazo nta bushobozi bafite bwo kubifataho icyemez, ahubwo bagiye kubimenyesha ababishinzwe.

Banavuze ko bagiye gukora ubuvugizi, abaturage bakakongera gukoresha ibyambu bakoreshaga bambuka bakoresheje jeto aho gukoresha imipaka minini gusa.

Iki kibazo kandi cyo kwakwa amafaranga yo kwipimisha ntikiri hano kuri uyu mupaka wa Bugesera kuko ngo no ku kanyaru bakwanibihumbi 15,000RWF, naho abaturage bavuga ko bibagoye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru