Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abajura bitwaje imbunda bateze igico imodoka yari itwaye imigati barayicucura mu gave ka Kasarari muri Kenya.
The Nation yatangaje ko ubu bujura bwabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022, ubwo aba bajuru bategaga imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai isanzwe ikoreshwa n’uruganda rwa ‘Elliot’s Bakery’ rukora imigati.
Amakuru atangwa na Polisi yo muri Kenya avuga ko nyuma yo guhagarika iyi modoka, aba bajura bapakuruye imigati yose yari irimo, baka abashoferi telefone zabo n’amashilingi 21 000 bari bafite.



















