Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abimukira bazoherezwa ejo mu Rwanda ‘ntibagera no ku 10’

Monday 13 June 2022
    Yasomwe na

Umubare w’abimukira ba mbere bazoherezwa n’Ubwongereza mu Rwanda wagabanutse, aho bitangiyekuvugwa ko babarirwa munsi ya 10.

Ibi ngo byatewe n’ibibazo bitandukanye byavuzwe muri aya masezerano y’u Rwanda n’Ubwongereza, yakomeje kunengwa n’ibihugu n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu kimwe n’abando bakomeye ku Isi, bavuga ko bitajyanye n’amahitamo y’abimukira cyangwa ikiremwamuntu ndetse byakuruye ibirego mu nkiko.

Impirimbanyi hamwe n’abimukira mu cyumweru gishize mu rukiko rukuru batsinzwe urubanza barezemo Leta y’Ubwongereza ngo ihagarike iyo gahunda.

Umwe mu bantu bo muri minisiteri y’ubutegetsi yabwiye BBC ko ku bantu 37 bagombaga koherezwa mukiciro cya Mbere, ibirego ku burenganzira bwa muntu byatumye uyu mubare ugabanuka cyane.

Mark Easton, umwanditsi wa BBC, avuga ko bishoboka ko uwo mubare ushobora "kumanuka ukagera kuri zeru" mbere y’uko indege ihaguruka. Kugeza kuwa gatanu, abantu 130 bari bamaze guhabwa ubutumwa ko bagomba kuvanwa mu Bwongereza.

Iki gihugu kirashaka kujya cyohereza abimukira mu Rwanda kigamije guca intege abandi bahaza binyuranyije n’amategeko no kurwanya amatsinda akora ubucuruzi bwo kwambutsa abantu muri ubwo buryo.

Leta y’u Rwanda ivuga ko yemeye kwakira abo bimukira mu gushaka igisubizo ku kibazo cy’abimukira cyakomeje kunanirana ku isi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru