Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Abakuru b’Imidugudu baracyagorwa no kutagira ibikoresho bibafasha kunoza inshingano

Saturday 20 September 2025
    Yasomwe na

Abakuru b’Imidugudu bo mu karere ka Musanze bavuga ko bakigorwa no kutagira ibikoresho birimo telefone ya “Smartphone “ibafasha kunoza inshingano.


Abayobozi b’utugari bahize abandi bashimiwe.

Ni kimwe mu bibazo bagarutseho ubwo bari bitabiriye inama nyunguranabitekerezo yabahuje n’ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze aho barebeye hamwe ibikibangamiye imibereho myiza y’abaturage.


Abakoze neza mu kwesa imihigo bashimiwe.

Alexandre Hakizimana umukuru w’umudugudu wa Kabagora mu murenge wa Remera yagize ati”Turacyafite imbogamizi zituma tutubahiriza inshingano uko bikwiye kuko hari igihe nka Gitifu agusaba gufotora nk’inzu ishaje cyangwa se gutanga raporo yihuse ukabanza kujya gutira umuturanyi Ariko turamutse dufite telefone zigezweho natwe twakwihutisha akazi kacu ko gutangira amakuru ku gihe".

Nyiransengimana Thaciana umukuru w’umudugudu wa Kabagorozi mu murenge wa Nyange yagize ati”tubonye telefone zigezweho byaba byiza hari n’igihe tugira ibibazo mu mudugudu bidusaba kohereza amafoto kwa Gitifu bikaba ngombwa ko tubanza gushaka umuntu dutira telefone bikatubana ikibazo, turasaba ko badushakira smartphone natwe tukajyana n’iterambere sinavuga ko twese tutazifite kuko tutanganya ubushobozi ariko bakwiye kudutekerezaho".

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien, yavuze ko bazaganira n’abafatanyabikorwa barimo MTN na Airtel bakareba niba ba Mudugudu babona smartphone.


Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien.

Ati”Nibyo koko bagaragaje ko bagifite imbogamizi zo kutuzuza inshingano bitewe no kutagira tekefone zigezweho ariko nk’ubuyobozi tuzaganira n’abafatanyabikorwa barimo MTN na Airtel ba Mudugudu bacu begusigara inyuma mu iterambere icyo nacyo turakizirikana".

Akarere ka Musanze no kamwe mu turere 5 tugize intara y’Amajyaruguru , ndetse n’Akarere k’ubukerarugendo kaza no mu turere twunganira umujyi wa kigali.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru