Kuva aho ibigo bitandukanye ku isi bitangiye kugurisha inkingo za Coronavirusi, ibihugu byo ku mugabane w’Afurika byagaye cyane ibyo mu Burengerazuba bw’isi kwikubira inkingo, aho 75% byazo zabyihariye.
Ibihugu by’Afurika byari byaribumbiye mu bufatanye mu by’urukingo rwa Corona, bwiswe COVAX ariko kugeza ubu byari bitaratangira kubona urukingo na rumwe muri ubwo bufatanye.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo igihugu cya mbere ku mugabane w’Afurika ari cyo Ghana cyahawe inkingo za coronavirusi binyuze muri gahunda ya COVAX.
Ghana yakiriye doze ibihumbi 600 by’inkingo za Astrazeneca zigiye gutangira guhabwa abaturage bahereye ku bari mu byago byinshi byo kwandura coronavirusi.
Muri Ghana hamaze kwandira abaturage barenga ibihumbi 800 mu gihe abarenga 580 imaze kubahitana.
OMS muri Ghana yavuze ko gutanga izi nkingo byabaye ikiciro cya mbere cy’inkingo za Covid-19 zigiye guhabwa ibihugu byo ku mugabane w’Afurika kimwe no mu bindi bihugu bikennye ku isi.

















