Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Angola habonetse COVID-19 y’igikatu ku baturutse muri Tanzania

Monday 29 March 2021
    Yasomwe na

Ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi kuri Coronavirusi, Crisp, cyatahuye ubwoko bushya bwa COVID-19 muri Angola ku bagenzi bari baturutse muri Tanzania.

Iki ni cyo kigo cya mbere cyatahuye ubwoko bushya bwa coronavirus muri Afurika y’Epfo bw’igikatu ndetse kinakora ubusakashatsi bwerekanye ko ubwo bwoko bwandura bukanica vuba kandi bukaba budakozwa n’inkingo ziri gutangwa ku isi.

Ubuyobozi bw’icyo kigo bwatangaje ko iyi coronavirus yagaragaye ku bagenzi baturutse muri Tanzania ari ubwoko bwihinduranyije kurusha ubundi bwose bumaze kuvumburwa kandi bukaba buturuka ku bwoko bwa mbere bwa Coronavirus bwagaragaye mu Bushinwa ubwo iki cyorezo cyadukaga ku isi mu mpera za 2019 ari naho havuye izina COVID-19.

Izo nsanganya zikigaragara muri Angola, amakuru yahise ashyikirizwa Ishami ry’Umuryago w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).

Twabibutsa ko kuva Coronavirus yakwirakwira isi, byagaragaye ko yageze no muri Tanzania ariko inzego z’ubutegetsi zigeraho zihagarika gahunda yi gutangaza imibare y’abanduye n’abahitanwa nayo bivuye ku itegeko rya Perezida Pombe Magufuli, binakekwa ko ari yo iherutse kumuhitana ariko ubutegetsi bugatangaza ko yazize indwara y’umutima.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru