Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe ububanyi n’mahanga, Antony John Blinken, ategerejwe Congo-Kinshasa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 9 Nzeri 2022, gusa arabanza guhura na Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi, aho bahurira mu ngoro ye iri ahitwa Mont-Ngaliema.
Aba bayobozi bombi biteganijwe ko bari bugirane ikiganiro kiza kumara isaha imwe, nyuma yaho akaza kubonana n’izindi ntumwa z’Abanyecongo n’Abanyamerica.
Isahmiri rishinwe itumanaho mu biro bya perezida wa Congo bavuga ko Perezida wa Congo ataza kubura no gukomoza ku bibazo by’ubufatanye ndetse n’ingamba zafatwa hagati ya Congo na USA.
Urubuga rwa Mediacomo ruvuga ko raporo iheruka ya y’impuguke za Loni yavugaka ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23, nabyo ngo ntibiri bubure kuganirwaho muri iki kiganiro baribugirane.
Nyuma yo kuganira kw’aba bayobozi, biteganijwe ko Anthony j. Blinken na munzi we Christophe Lutundula, baribuze kugirana ikiganiro n’itangazamakuru, abanyamakuru bagera kuri 40 baraza kuba bagizwe n’Abanyecongo n’Abanamerica, ibi ngo biraza kubera mu biro bya Africa y’unze Ubumwe kandi ibi biraza no kunyura kuri Television a Radio bya Congo.




















