Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Arabie Saoudite: Igikomangoma cyagizwe Minisitiri w’Intebe

Wednesday 28 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Igikomangoma cya Arabiya Sawudite, Mohammed bin Salman, yagizwe Minisitiri w’Intebe nk’uko byatangajwe nk’itegeko rya Se, Umwami Salmani Bin Abdulaziz Al Saudi.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 27 Nzeri 2022, binyuze mu mavugurura yakozwe muri Guverinoma ya Arabie Saoudite.

Igikomangoma Mohammed bin Salman yagiye akora mu yindi myanya itandukanye muri Guverinoma irimo kuba Minisitiri w’Intebe Wungirije, ndetse n’uwa Minisitiri w’Ingabo yaherukagamo.

Muri aya mavugurura yakozwe, murumuna wa Mohammed bin Salman witwa Khalid bin Salman niwe wamusimbuye ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo nk’uko Igihe dukesha iyi nkuru kibitangaza.

Umwami Salman bin Abdulaziz yashyizeho kandi Igikomangoma Faisal bin Farhan Al Saud nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Mohammed al-Jadaan nka Minisitiri w’Imari mu gihe Khalid al-Falih yagizwe Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ishoramari.

Kugeza ubu bivugwa ko Igikomangoma Mohammed bin Salman ari we uzasimbura se ku ngoma cyane ko no muri Gicurasi 2022, igihe yari arwaye ariwe wasigaranye inshingano.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru