Nyuma yo kumva ijambo Perezida Kagame yavuze ku kibazo cya Congo n’u Rwanda, Minisitiri w’Amashuri makuru na za Kaminuza muri RDC, Muhindo Nzangi Butondo yavuze ko abagize umutwe wa FDLR ari impunzi nk’abandi bityo bakwiye ibiganiro n’u Rwanda kugira ngo zitahe.
Uyu minisitiri yumvise Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rutazakomeza kwakira impunzi ziva mu bice bitandukanye bya Congo zigahindukira zikarubera ikibazo mu mibanire na Congo, maze avuga ko u Rwanda rudakwiriye kuvuga ku mpunzi za Congo, rutaravugana na FDLR.
Ati "Nta bubasha na bumwe afite bwo kuvuga kuri icyo kibazo cy’impunzi kuko na we yanze kuganira n’abavandimwe be ba FDLR bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva kera. Iyo aba yaremeye gutangiza ibiganiro nabo, nta bibazo twari kuba tucyumva mu Burasirazuba bwa RDC."
Kuvuganira FDLR no kuyigira umutwe udafite ikibazo uteje, ni umurongo wafashwe na Guverinoma ya Congo, mu gihe umuryango mpuzamahanga washyize FDLR ku rutonde rw’imitwe w’iterabwoba.
Raporo y’impuguke za Loni iherutse yagaragaje ibimenyetso by’uburyo ingabo za Congo zifatanya ku rugamba na FDLR, ndetse basaba ko bihagarara.
Ni intabaza zongeye gutangwa n’indi miryango irimo n’uw’Ubumwe bw’u Burayi, kugira ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bwa RDC.
Perezida wa RDC, Felix Tshisekedi muri Nzeri 2022 ubwo yaganiraga na France 24 nyuma y’Inteko rusange ya Loni i New York, yavuze ko FDLR ari umutwe utagize icyo utwaye.
Ati "Uyu munsi FDLR ni umutwe udateje ikibazo na kimwe ku mutekano. Ntabwo ari abantu bafite intumbero za politiki zo gushaka kwigarurira ubutegetsi i Kigali. Muri make rero, ibyo u Rwanda ruvuga ni ikinyoma."
Impuguke za Loni zagaragaje ko igisirikare cya Congo giha intwaro FDLR kandi bakajyana ku rugamba, ibintu bihabanye n’amategeko mpuzamahanga.




















