Uwahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ashinzwe umuco, Hon. Bamporiki Edouard yemeye kuburana yemera icyaha.
Uyu mugabo w’imyaka 39 amaze iminsi ategereje kuburana ku cyaha aakurikiranyweho cyo kwaka no kwakira indonke, cyatumye ahagarikwa mu kazi tariki ya 5 Gicurasi 2022 yirukanwa muri Guverinoma.
Bamporiki kuva icyo gihe yari afungiye mu rugo iwe aho yategetswe n’Umugenzacyaha kutarenga imbago z’urugo rwe, mu gihe hari hagikusanywa ibikemyetso ku cyaha akurikiranyweho.
Kuva akirukanwa kandi muri Guverinoma yemereye Umukuru w’Igihugu n’Abanyarwanda muri Riusange ko yakiriye Indonke ndetrse anabisabira imbabazi.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hasubukuwe urubanza rwe, mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, atangira kuburana mu mizi ari nabwo yakmeje kwemera icyaha ndetse avuga ko yoteguye kuburana.
Mu ihame ry’Ubutabera iyo ukekwaho icyaha yemeye ko yagikoze akanagira uruhare mu korohereza ubutabera akazi no kugaragaza uko yakoze icyaha umucamanza ashobora kumugabanyirizwa igihano mu bushishozi bwe.
Amakuru ku iburana rye aracyakomeza....















