Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Bamporiki yatangiye kuburana yemera icyaha

Wednesday 21 September 2022
    Yasomwe na

Uwahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ashinzwe umuco, Hon. Bamporiki Edouard yemeye kuburana yemera icyaha.

Uyu mugabo w’imyaka 39 amaze iminsi ategereje kuburana ku cyaha aakurikiranyweho cyo kwaka no kwakira indonke, cyatumye ahagarikwa mu kazi tariki ya 5 Gicurasi 2022 yirukanwa muri Guverinoma.

Bamporiki kuva icyo gihe yari afungiye mu rugo iwe aho yategetswe n’Umugenzacyaha kutarenga imbago z’urugo rwe, mu gihe hari hagikusanywa ibikemyetso ku cyaha akurikiranyweho.

Kuva akirukanwa kandi muri Guverinoma yemereye Umukuru w’Igihugu n’Abanyarwanda muri Riusange ko yakiriye Indonke ndetrse anabisabira imbabazi.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hasubukuwe urubanza rwe, mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, atangira kuburana mu mizi ari nabwo yakmeje kwemera icyaha ndetse avuga ko yoteguye kuburana.

Mu ihame ry’Ubutabera iyo ukekwaho icyaha yemeye ko yagikoze akanagira uruhare mu korohereza ubutabera akazi no kugaragaza uko yakoze icyaha umucamanza ashobora kumugabanyirizwa igihano mu bushishozi bwe.

Amakuru ku iburana rye aracyakomeza....

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru