Sunday . 31 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Brazil: Lula atsinze Bolsonaro mu matora ya Perezida

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Brazil yasubiye mu murongo wa politiki w’abaharanira impinduka, nyuma yuko Luiz Inácio Lula da Silva wahoze ari Perezida atsinze Jair Bolsonaro wari usanzwe ari Perezida.

Nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byatanzwemo gushyamirana kw’aba bacyeba muri politiki, Lula yatsinze amatora n’amajwi 50.9%.

Ayo yari ahagije ngo atsinde Jair Bolsonaro. Abashyigikiye Bolsonaro bari bafite icyizere ko atsinda aya matora. Ariko gucikamo ibice kwagaragajwe n’aya matora bishoboka ko kutagiye guhita kuvaho burundu.

Uku ni ukugaruka gutangaje cyane kw’umunyapolitiki utarashoboye kwiyamamaza mu matora ya perezida yo mu 2018 kuko yari ari muri gereza atemerewe kugira umwanya w’ubutegetsi yiyamamariza.

Yari yarahamijwe kwakira indonke (ruswa) ayihawe na kompanyi y’ubwubatsi yo muri Brazil na we akayiha kontaro z’akazi muri kompanyi y’ibitoro ya leta ya Brazil, Petrobras.

Lula yamaze iminsi 580 muri gereza mbere yuko guhamwa n’icyaha kwe guhindurwa impfabusa, asubira mu rubuga rwa politiki.

Mu gutangira ijambo rye ry’intsinzi, yagize ati: "Bagerageje kumpamba ndi muzima ariko dore ndi hano".

Lula, w’imyaka 77, yari yarabaye Perezida wa Brazil kuva mu mwaka wa 2003 kugeza mu mwaka wa 2010.

Yavuze ko azaba Perezida w’Abanya-Brazil bose, atari gusa abamutoye.

Amakusanyabitekerezo yari yaciye amarenga kuva mu ntangiriro ko azatsinda aya matora, ariko ubwo mu cyiciro cya mbere yarushaga gato Bolsonaro ugereranyije n’ikigero cyari cyitezwe, Abanya-Brazil benshi batangiye gushidikanya ku kuri kw’ayo makusanyabitekerezo.

Jair Bolsonaro ntaratangaza ko yemera ko yatsinzwe.

Ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe n’umwuka mubi, ku ruhande rumwe kuko Bolsonaro yari yagaragaje gushidikanya - adatanga gihamya - ku kwizerwa kw’uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Brazil bwo gutora.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru