Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera by’umwihariko abaturiye umupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda baravuga ko urubyiruko rwitwa Imboni z’umutekano bagira uruhare mu kwinjiza magendu mu Rwanda.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Cyanika aho batunga agatoki bagenzi babo barimo n’urubyiruko rw’imboni z’umutekano kwemerera abantu kwinjiza magendu ziciye mu nzira z’ubusamo.
Abaganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo birinze ko dutangaza amazina yabo, gusa umwe tumwise Habimana yagize ati:" Twebwe dutuye hano hafi n’umupaka, ibyo tubonesha amaso yacu ni byinshi, nta nwanya wacamo utabonye magendu zinjiye kandi ukabona ko byabaye akamenyero; byitwa ko hari abashinzwe kubirinda baba bahari hirya no hino."
Undi nawe ati: "Bamwe mu rubyiruko rwitwa Imboni z’Umutekano akenshi nirwo rucikisha izi magendu, bakaruha amafaranga cyangwa se rukagira icyo ruhabwa n’abarimo kwinjiza magendu ndetse usanga benshi bakunze kuba baziranye n’abinjiza magendu. Yego ntabwo ari bose ariko barimo, akarere gakwiye kongera kubahwitura bakirinda kwemerera izi magendu kwinjira mu Rwanda."
Twifuje kumenya niba ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwaramenye ikì kibazo maze Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Madamu Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko iki kibazo bakizi, ko kibaho ndetse ashima ko bigenda bigabanuka ugereranyije n’imyaka yagiye itambuka.
Yagize ati: "Ikibazo turakizi, giterwa akenshi n’imiterere y’Akarere kacu ka Burera gakora ku mupaka kuko gafite ibirometero bisaga 63km, ibyinshi bitagira amayira azwi kandi hatari n’uburyo bwo gukumira abantu, ariko ku bufatanye n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu cyacu mu rwego rwo gukomeza guteza imbere iby’iwacu hashyizweho ingamba ku buryo nubwo tukibona bigaragara ariko bigenda bigabanuka."
Meya Uwanyirigira akomeza agira ati: "Nibyo hari magendu zigenda zinjira, zirimo amasashi atemewe mu Rwanda, hari n’abinjiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na Kanyanga, gusa turashima uruhare rw’abaturage bakomeza kudutungira agatoki bigafatwa, kandi ni byinshi bigenda bifatwa ahanini bitewe n’amakuru duhabwa n’abaturage."
Uyu muyobozi asaba ubufatanye mu nzego zose mu gukomeza guhangana n’iki kibazo ndetse asaba buri wese kuba ijisho rya mugenzi we batangira amakuru ku gihe.
Nubwo hakiri abatarabireka, akenshi bamwe na bamwe bikunze kutabahira kuko bafatwa bakabyamburwa ndetse bagafungwa mu gihe hari n’abarwanya inzego z’umutekano bikaba ngombwa ko hitabazwa izindi mbaraga ariko ngo biragoye gufatira mu cyuho aba batungwa agatoki kuko babikora mu buryo bw’amayeri bikongeraho no gukingirwa ikibaba n’abashinzwe kubashyira ahagaragara.


















