Umusirikare wa Congo, FARDC yarashe amasasu ku basirikare b’u Rwanda bagenzi be bamujyana ikubagahu.
Byabereye mu mupaka muto wa Petite Bariere, w’u Rwanda na DRCONGO ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Kanama 2024.
Abaturage babibonye, bavuze ko umusirikare warashe abasirikare bo mu Rwanda baba ku kivera, (inzu abasirikare babamo barinze umutekano), mbere yuko bagenzi be baza ku mufata bakamujyana.
Ikindi Umunyamakuru wa Mamaurwagasabo amaze kumenya nuko uwo musirikare ubwe yarashweho n’abasirikare bagenzi be bo muri DRC, kugira ngo ngo bamubuze gukomeza kurasa mu Rwanda.
Nta musirikare wo mu Rwanda wigeze usubiza uko kuraswaho, nubwo mu Rwanda baharashe amasasu agera kuri 4 cyangwa 5.
Biravugwa ko umusirikare warashe mu Rwanda yari yasinze, ni mu gihe kandi umupaka wahise ufungwa by’akanya gato ngo bahebo guhumuriza abaturage b’impande zombi.
Kugeza ubu nta ruhande ruragira icyo rivuga kubyabaye, yaba ku Gisirikare cy’u Rwanda, RDF cyangwa icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo FARDC
Yanditse na Eulade Mahirwe


















