Gerenade yatewe iturikira mu mujyi wa Bujumbura ahitwa mu Kamenge muri Komine Ntahangwa mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi hakomereka barindwi.
Ni igtero ubutegetsi bw’u Burundi bukiri gushakira amakuru ngo hamenyekane ukiri inyuma.
Izi grenade zatewe kuri iki cyumweru mu tubari ubwo abantu bafataga ibyo kunywa abandi bihereza amafunguro.
Abateye izi grenade bigaragara ko bari babiteguranye kuko ku tubari tubiri zateweho byabereye amasaha amwe.
Amakuru avuga ko grenade imwe yaturitse igakomeretsa bikomeye abagera kuri babiri mu gihe batanu bo bakomeretse byoroheje.
Abo babiri bahise bajyanwa Kwa muganga igitaraganya kugira ngo baramire ubuzima bwabo.
Usibye abasirikare benshi boherejwe ahabereye ubwo bugizi bwa nabi, ntacyo ubutegetsi bwa Ndayishimiye buratangaza.
Si ubwa mbere mu kamenge hatewe Gerenade kuko no mu 2016 hatewe Gerenade hakomereka abarimo n’abapolisi babiri.



















