Minisitiri w’Ubumwe bw’Abenegihugu, Uburenganzira bwa Muntu, imibereho y’abaturage n’ubuginganire bw’abagabo n’abagore, muri Repubulika y’u Burundi, Sabushimike Imelde, yatunguye benshi mu benegihugu ubwo yafataga ibumba akicara akabumba inkono, umwuga usanzwe ukorwa n’aba-Twa muri iki gihugu kikigendera ku by’amoko.
Mu mashusho yashyizwe ahagaragara ku rubuga rwa Twitter, kuri uyu wa mbere, agaragaza Minisitiri Sabushimike, yicaye abumba inkono nk’usanzwe amenyereye ako kazi, abenegihugu bashungereye bareba uko umutegetsi azobereye akazi kabo mu buryo batari bazi.
Minisitiri Sabushimike, yereka aba-Twa ko azi kubumba, bakwiye guteza imbere umwuga wabo
Ni mbere gato yuko uyu munsi mu Burundi hizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe Abasangwabutaka, bazwi nk’Abatwa muri icyo gihugu.
Uwo munsi wemejwe n’inama mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye, ONU, tariki mu 1994.
Kuri uwo munsi, abasangwabutaka bo ku Isi yose bahurira hamwe mu bihugu, akarere cyangwa umugabane w’Isi bakagaragaza umunezero n’akanyamuneza bafite nyuma y’imyaka myinshi bamaze mu mwijima, mu ihezwa, bakumiriwe n’ibindi bibi.
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Uruhare rw’umugore w’umusangwabutaka mu guteza imbere imico n’ibirango byawo”.





















