Umushinwa Wei Dongyi yanditse amateka iwabo ubwo yakoreshaga ijoro rimwe gusa mu kugera ku gisubizo cy’ihurizo ry’imibare ryafashe amezi 4 yose abarimu b’intiti mu mibare.
Ni umusore ukiri muto, w’imyaka 30 y’amavuko akaba n’umwalimu wungirije wa kaminuza ya Peking University i Beijing mu Murwa Mukuru wUbushinwa umugereranyije n’abasaza 6 mu mibare bafite za dogitora n’impamyabumenyi z’ikirenga mu mibare bararaga bataryamye bashaka igisubizo cy’icyo kibazo.
Igitangaje nuko amaze kubereka igisubizo, iryo tsinda ryagerageje guha agashimwe Wei ariko arakanga, abisabira gusa kumwishyurira ikarita y’urugendo.
Yagize ati, "Ntabwo ari ngombwa kunyishyurira akabazo koroshye kuriya."
Nubusanzwe ariko Wei Dongyi yemerewe kwigisha muri kaminuza ya Peking atiriwe aca muri kaminuza y’intiti mu mibare kazwi nka Gaokao ibanza kuyungurura ubuziranenge bw’abanyamibare mu Bushinwa.
Source: Yahoo.news
























