Perezida Félix Tshisekedi yakiriye mu biro bye [Palais de la Nation] Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, mu Mujyi wa Kinshasa, wamushyikirije ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Minisitiri Dr Biruta ari mu ruzinduko rw’akazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarutangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mutarama 2021.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri RDC byatangaje ku rukuta rwa Twitter ko “Umuyobozi wa dipolomasi y’u Rwanda yatwaye ubutumwa bwihariye bwa Perezida Paul Kagame yandikiye mugenzi we wa RDC, bujyanye n’imibanire y’ibihugu byombi ndetse n’ibibazo by’Akarere.”
Umubano w’u Rwanda na RDC ushingiye ahanini ku bucuruzi cyane ko kugeza ubu iki gihugu gifatwa nka rimwe mu masoko akomeye y’ibicuruzwa bituruka mu Rwanda, kandi agaciro k’ubuhahirane hagati y’impande zombi kagenda kiyongera umwaka ku wundi.
Tubaze mu 2012 honyine, agaciro k’ibicuruzwa u Rwanda rwoherezaga muri RDC kabarirwaga muri miliyoni 109.3$, mu 2013 karazamutse kagera kuri miliyoni 114.9$, mu 2014 yageze kuri miliyoni 153.6$.

















