Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Dr. Nsanzabaganwa yiyemeje kugira uruhare mu kugarura amahoro n’umutekano mu bice by’Afurika

Thursday 11 February 2021
    Yasomwe na

Dr. Nsanzabaganwa Monique uherutse gutorerwa umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wungirihe w’akanama k’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) yatangaje ko mu nshingano nshya afite agiye ugira uruhare mu kugarura umutekano n’amahoro mu bice bimwe na bimwe by’Afurika wabayemo muke.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Gashyantare 2021, ubwo yari agarutse i Kigali mu Rwanda, akaboneraho umwanya wo gutangaza byinshi u nshingano ze, bijyanye n’imicungire y’urwego rwa komisiyo y’imicungire y’abakozi mu rwego rwo kugera neza ku ntego za komisiyo.

Dr. Nsanzabaganwa yavuze ko ibyo kugarura amahoro n’umutekano azabigirami uruare akoranye na komiseri ubishinzwe.

Dr Nsanzabaganwa yavuze ko inshingano ye nyamukuru ari ijyanye n’imiyoborere n’imicungire y’urwo rwego rwa komisiyo, mu bijyanye n’ubukungu, imari, nu bijyanye n’imiyoborere, imicungire y’abakozi n’imirimo umunsi ku wundi.

Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe, igizwe n’abakozi 8 bayobowe na Perezida wa Komisiyo ari we Faki Muhamat wongeye gutorerwa manda ya Kabiri, hakaba umwungirije ari we Dr. Nsanzabaganwa.

Yakomeje abisobanura agira ati "Ikagira n’abakomiseri 6 barimo komiseri ushinzwe ibijyanye n’umutekano n’amahoro. Akorana bya hafi n’umuyobozi Mukuru wungirihe, Dr. Nsanzabaganwa Monique), nk’ufite mu nshingano imari n’ubutegetsi bikora ku miyoborere yose y’urwego."

Dr. Nsanzabaganwa yari asanzwe ari guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR).

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru