Dr. Nsanzabaganwa Monique uherutse gutorerwa umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wungirihe w’akanama k’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) yatangaje ko mu nshingano nshya afite agiye ugira uruhare mu kugarura umutekano n’amahoro mu bice bimwe na bimwe by’Afurika wabayemo muke.
Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Gashyantare 2021, ubwo yari agarutse i Kigali mu Rwanda, akaboneraho umwanya wo gutangaza byinshi u nshingano ze, bijyanye n’imicungire y’urwego rwa komisiyo y’imicungire y’abakozi mu rwego rwo kugera neza ku ntego za komisiyo.
Dr. Nsanzabaganwa yavuze ko ibyo kugarura amahoro n’umutekano azabigirami uruare akoranye na komiseri ubishinzwe.
Dr Nsanzabaganwa yavuze ko inshingano ye nyamukuru ari ijyanye n’imiyoborere n’imicungire y’urwo rwego rwa komisiyo, mu bijyanye n’ubukungu, imari, nu bijyanye n’imiyoborere, imicungire y’abakozi n’imirimo umunsi ku wundi.
Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe, igizwe n’abakozi 8 bayobowe na Perezida wa Komisiyo ari we Faki Muhamat wongeye gutorerwa manda ya Kabiri, hakaba umwungirije ari we Dr. Nsanzabaganwa.
Yakomeje abisobanura agira ati "Ikagira n’abakomiseri 6 barimo komiseri ushinzwe ibijyanye n’umutekano n’amahoro. Akorana bya hafi n’umuyobozi Mukuru wungirihe, Dr. Nsanzabaganwa Monique), nk’ufite mu nshingano imari n’ubutegetsi bikora ku miyoborere yose y’urwego."
Dr. Nsanzabaganwa yari asanzwe ari guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR).

















