Umwami wa Eswatini, King Mswati III, yaciye iteka mu gihugu cyose ko umugabo agomba kurongora abagore batanu bitaba ibyo ubyanze agafungwa.
Itangazo ry’Umwami risaba abagabo bose ko nibura buri mugabo bagomba gushaka abagore batanu kandi ko nta kibazo bagomba kugira kuko Leta izabishyurira amafaranga y’ubukwe ndetse ikabagurira n’inzu yo kubamo.
Yagize ati “Dore uko gahunda ziteye, shaka nibura abagore batanu maze wizereko Leta izagukoreshereza ubukwe kandi igaha buri mugore wawe inzu."
Uyu mwami nawe uzwiho kwigwizaho abagore, yavuze kandi ko umugabo cyangwa umugore utazakora ibi azafungwa ubuzima bwe bwose.
Ubwami buvuga ko hari umubare munini w’abagore kurusha abagabo muri Eswatini, kikaba ari ikibazo gikomeye ku gihugu kizwiho kugira abagore benshi beza kandi b’amasugi.
Andi makuru avuga ko kandi iri tangazo rije rikurikira ukwiyongera kw’amasugi mu gihugu ndetse no kugabanuka kw’abagabo.
Umwami Mswati III ubwe afite abagore 15 ndetse n’abana 25, mu gihe se umubyara yari afite abagore barenga 79 n’abana 150.





















