Ukigera ku muryango w’isoko rya Karukogo, biroroshye cyane kubona ko hari ikibazo cy’umwanda na mbere yuko uryinjiramo, nkaho hanze yaryo usibye kuhasanga umwanda uteje inkenke, hiyongerajo n’abacururiza ibicuruzwa by’iganjeno ibiribwa hasi, ahantu ubwabo naho hatameze neza.
Hafi yaho naho hari ikimoteri kirimo imyanda myinshi, hafi yahacurizwa ibyo bicuruzwa, nacyo ubwacyo bigaragara ko kiyongeraho mu kuhateza iki kibazo.
Ubwo umunyamakuru wa Mama Urwagasabo TV, yahagera yasanze umwanda utari hanze yiri soko gusa ahubwo no muri rino soko imbere, hari umwanda ugaragarira amaso ntabwo ari we gusa wawubonye ahubwo hari nabemeye kuganira nawe nabo baraho cyangwa basanzwe baza muri rino soko babigaragaza, nkuko binagarukwaho n’umucuruzi twasanze muri rino soko witwa Sibomana Innocent.
Yagize ati"Isoko ntabwo ari rito, ahubwo abayobozi bagomba kubitunganya, bakabishyira ahantu hamwe, ibyo bintu biteza umwanda niba ari ibisheke bakabishyira ahantu hamwe".
Umwanda ugaragaza muri rino soko, aba baturage bagaragaza ingaruka mbi harimo uburwayi ushobora kubatera, nkuko umwe mu baturage twasanze yaje kurihahurimo abigarukako.
Ati"Bashobora kurwara nk’inzoka, nanjye uwacururije hasi ntabwo muhahira".
Baboneraho gusaba ababishinzwe, gukurikirana kino kibazo kigararagara muri rino soko rya Karukogo, kigashakirwa igisubizo, nkuko bishimangirwa n’undi muturage witwa Umwimana Samuel.
Yagize ati"Umwanda urumva nyine guba gufite, indwara nyinshi guteza, ubwo kugirango isoko rigende neza, bagomba kongera isuku, bakabwira nabarikoreramo bose bakongera isuku, numva ariko byagenda cyangwa ubuyobozi bugashyiramo imbaraga cyane, kugirango isuku ibe hafi, kandi isuku ni isoko y’ubuzima, kugirango abaturage babashe kumera neza, nibyo bacuruza byose bibashe kugenda neza".
Twashatse kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri kino kibazo cy’umwanda kigararagazwa n’aba baturage, maze tuvugisha Innocent Habimana, akaba ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Rubavu, mu mvuge ye yumvikanisha ko ntakibazo cy’umwanda uteje impungenge muri rino soko gihari.
Uyu muyobozi yagize ati" dufitemo abakozi bahoraho, bakubura mu isoko ku buryo ntakibazo cy’umwanda kirimo.
Mu bacuruzi baricururiza mu isoko rya Karukogo, higanjemo abakora ubucuruzi buciriritse, ndetse n’ibicuruzwa bitandukanye byiganjemo ibiribwa.
Mahirwe Eulade


























