Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

François Hollande yasabye ko muri Congo hoherezwa ingabo nyinshi z’amahanga

Wednesday 28 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Uwahoze ayobora u Bufaransa, François Hollande yasabye ko muri Congo hoherezwa ingabo nyinshi z’amahanga zo kurasa imitwe yitwaje intwaro irimo na M23.

Ku wa mbere nibwo François Hollande n’umufasha we bageze i Kinshasa, yakiriwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili na Ambasaderi w’u Bufaransa,Brune Aubert.

Ku wa kabiri nibwo uyu mugabo uri mu rugendo rwo kugarura amahoro muri Congo yahise yerekeza i Bukavu yakirwa na Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo,Théo Ngwabidje ku kibuga cy’indege cya Kavumu, ashimangira ko umubano uhagaze neza hagati y’Ubufaransa na Congo.

Umuseke dukesha iyi nkuru wavuze ko Hollande yagaragaje ko yishimiye kubona harafashwe ingamba zikomeye zo guhagarika imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo.

François Hollande yasabye kandi ko hababo kohereza izindi ngabo nyinshi z’amahanga muri Congo mu rwego rwo gutera ingabo mu bitugu ingabo za Leta n’iza MONUSCO kugira ngo barase imitwe y’inyeshyamba yashegeshe ubutegetsi bwa Congo.

Hari amakuru ataremezwa n’impande bireba avuga ko hari abasirikare b’u Bufaransa bamaze gutegurwa bazoherezwa i Bunagana gufasha mu kwirukana umutwe wa M23 wigaruriye kiriya gice cy’ubutaka bwa Congo.

Kuri uyu wa 28 Nzeri, François Hollande arahura na Denis Mukwege watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 2018, uyu Mukwege ari mu begeka ibibazo bya Congo ku Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru