Mu rukerera rwo ku munsi wa Gatatu nibo abashoferi bagera kuri batanu bakorera koperative yitwa RFTC basanzwe bakoresha gare ya Gatsibo izwi nk’iya Kabarore, bafashwe bacibwa amafaranga y’amande agera ku bihumbi icumbi kuri buri umwe bazira kujya mu kazi mbere y’amasaha yo gufungura gale.
Aba bashoferi bavuga ko batunguye no kuzinduka baje mu kazi kabo nk’ibisanzwe, ariko bagacibwa amafaranga angana gutyo, ngo bazira kuzinduka nk’uko babyivugira.
Umwe ati: "Twasanze gare ifunguye turinjira, isaha zo gushyira abagenzi mu mudoka zigeze haza umuyobozi wa gare aratubwira ati amasaha mwinjiriye ntabwo yemewe, kandi abadukunguriye ntibigeze batubwira ngo dusubireyo amasaha ntabwo aragera, nyuma baradukingirana baduca amafaranga ibihumbi 10, twari abashoferi batanu".
Undi nawe ati: "Ngeze muri gare ngiye guparika barambwira bati isaha ntabwo zari zakageze, kandi ntasaha tugira zo guparikamo, ndagira ngo mundenganure banciye ibihumbi 10".
Aba bashoferi bavuga ko ibi bibateza ibihombo ngo kuko mu zindi gare uba wemerewe kuzinjiramo amasaha 24/24.
Undi yatangiye ati: "Kandi mu by’ukuri ibwiriza ryagenwe na Leta rivuga ko umunsi wose tugomba gusora amafaranga igihumbi na magana atanu (1500), kandi ayo turayasora".
Undi nawe ati: "Urumva nkatwe baba bahawe imodoka tugomba kuverisa umukire, bakakwandikira ibihumbi icumi ntamakosa mfite, urumva aba ari akarenga, bagomba kudufata neza nk’abakiriya babo, bagashyira ibintu ku murongo".
Nkusi God umwanditsi w’iyi gare, ari nawe wabaciye aya mafaranga, ku bitangazamakuru bya Mama Urwagasabo, ntiyemeranya n’ibyo aba bashoferi bavuga, avuga ko bahanwe bazira kuba bateje akavuyo nyuma yo kugongana.
Yagize ati: "Twebwe twahannye abakoze amakosa, imodoka zagonganye ziza gufunga amarembo barwanira abagenzi"
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro, ari nacyo gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (RURA), ntibwagize icyo buvuga kuri iki kibazo ubwo umunyamakuru wa Mama Urwagasabo yabahamagaraga.
Iyi gare ya Gatsibo izwi nk’iya Kabarore, yaje ikenewe muri uyu mugi wa kabarero, cyane ko ubamo ibinyabiziga byinshi, ndetse uyu mugi ukaba unacamo ibinyabiziga byinshi, ku buryo yakabaye iba igisubizo ku bayikoresha mu kazi kabo ka buri munsi, amasaha yose ariko ngo abayiyobora basa n’ababangamira abayikoresha.
Yanditswe na Valens Nzabonimana



























