Muri Afurika y’Epfo hagaragaye ubundi bwoko bushya bwa coronavirusi yihinduranyije, Variant, bwahawe izina rya C.1.2 burushaubukana Delta imaze iminsi ikangaranyije isi mu kwandura vuba no kwica vuba.
Ubu bwoko bwa C.1.2, ku nshuro ya mbere bwagaragaye mukwezi kwa Gatanu uyumwaka ariko bikomeza kwigwaho ngo barebe niba koko bushamikiyekuri coronavirus ya mbere.
Ikizwi ngo nabwo bufite ubundi bwinshi buyishamikiyeho. Gusa kugeza ubu ntibiratangazwa niba hari inkenke ubu bwoko bushya buteye ugereranyije n’ubwari busanzwe.
Amakuru dukesha ABS/CBN News yo uri Afurika y’Epfo agaragaza ko kugeza ubu ku Isi ubu bwoko bushya bwa Coronavirus bumaze kugaragara mu bihugu birindwi bya Afurika, Aziya, u Burayi na Oceania.
Kugeza ubu hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kumenya byinshi kuri iyi virus haba mu buryo yandura ndetse niba ishobora no kuzahaza umuntu kurusha coronavirus isanzwe.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rigaragaza ko ubwoko bwa Delta aribwo buteje inkeke ku Isi kuko bwandura byihuse kandi bukazahaza ubwanduye.
Afurika y’Epfo nicyo gihugu kibasiwe cyane na COVID-19 muri Afurika kuko kimaze gupfusha abarenga ibihumbi 81 mu gihe abanduye nabo barenga miliyoni ebyiri.

















